{"id":245,"date":"2025-08-04T12:57:01","date_gmt":"2025-08-04T12:57:01","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=245"},"modified":"2025-08-04T12:57:01","modified_gmt":"2025-08-04T12:57:01","slug":"bnr-yatangije-ikoreshwa-ryifaranga-ryikoranabuhanga","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=245","title":{"rendered":"BNR yatangije ikoreshwa ry&#8217;Ifaranga ry&#8217;Ikoranabuhanga"},"content":{"rendered":"\n<p>Banki y&#8217;Igihugu y&#8217;u Rwanda [BNR],&nbsp;yatangije ku mugaragaro Ifaranga rishya rishingiye ku Ikoranabuhanga, ryahawe izina rya E-Franc Rwandais.<\/p>\n\n\n\n<p>Iri faranga riri mu kiciro kizwi nka Central Bank Digital Currency (CBDC).<\/p>\n\n\n\n<p>BNR yavuze ko ari intambwe nshya Igihugu giteye mu rugendo rwo kwimakaza ikoreshwa ry\u2019Ifaranga rigezweho, hagamijwe guteza imbere uburyo bwo kwishyurana bwihuse, bwizewe kandi burinzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ikoreshwa rya E-Franc Rwandais, uyu mushinga ugeze mu kiciro cya kabiri kizwi nka Proof of Concept [PoC], nyuma yo kurangiza ubushakashatsi bwimbitse ku kamaro n\u2019ingaruka zishobora guterwa no gutangiza ikoreshwa rya E-Franc Rwandais mu gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>E-Franc Rwandais igamije koroshya ubwishyu, gukumira ubujura, kugabanya ikoreshwa ry\u2019amafaranga y\u2019impapuro mu bucuruzi bwa buri munsi, no guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni inzira nshya yo kongera imyumvire y\u2019imari n\u2019ubwisanzure mu kwishyurana hagati y\u2019abaturage, abikorera n\u2019inzego za Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Inyandiko yashyizwe hanze na BNR mu 2023 ku ikoreshwa rya E-Franc Rwandais, igaragaza ko yakoze ubushakashatsi yafatanyije na Access to Finance Rwanda [AFR], hifashishijwe uburyo bwa 5Ps Methodology butangwa n\u2019Ikigega mpuzamahanga cy\u2019Imari [IMF], burimo: Gutegura no kugerageza [Proof of Concept], gukora ibishushanyo [Prototypes], gukorera mu buryo bw\u2019igerageza [Pilots] no gutangiza burundu [Production].<\/p>\n\n\n\n<p>Akomoza kuri E-Franc Rwandais, Umuyobozi wa BNR, Soraya Hakuziyaremye, yagize ati:\u201cIgihugu cya Cambodge kiri mu bihugu byatangije ifaranga rikoresha Blockchain mu kwishyurana, kandi natwe turi kwiga ku buryo bakoresheje iryo koranabuhanga n\u2019uko abaturage baryitabiriye\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ko u Rwanda rushaka kwiga ku mikorere y\u2019iri koranabuhanga kugira ngo E-Franc Rwandais izabe yizewe, rikora neza kandi igirira akamaro umuturage.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w\u2019Ibigo by\u2019imari mu bijyanye n\u2019ikoranabuhanga, L\u00e9o Austache Kanamugire, yashimangiye ko gutangira igerageza rya E-Franc ari amahirwe akomeye ku gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati:\u201cIri gerageza ritanga icyizere ko abashoramari n\u2019Abanyarwanda muri rusange bazabona uburyo bworoshye bwo kwishyurana, butekanye kandi bugezweho. Ibihugu byinshi byateye imbere byamaze kurifata nk\u2019ikiraro gihuza imari n\u2019ikoranabuhanga.\u201d<\/p>\n\n\n\n<ul class=\"wp-block-list\">\n<li><strong>Central Bank Cryptocurrency ni iki?<\/strong><\/li>\n<\/ul>\n\n\n\n<p>Central Bank Cryptocurrency cyangwa CBDC ni ifaranga ritangwa na Banki nkuru y\u2019Igihugu rifite ishusho y\u2019ikoranabuhanga, ritandukanye n\u2019amafaranga y\u2019impapuro cyangwa ibiceri bisanzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>CBDC igenzurwa n\u2019inzego za Leta kandi ikizewe, itandukanye n\u2019amafaranga nk\u2019aya Bitcoin atagira urwego rubicunga.<\/p>\n\n\n\n<p>BNR yatangaje ko ikomeje gushora mu bushakashatsi no mu ikoreshwa ry\u2019iri faranga ku buryo ryazagera ku rwego rwo gushyirwa mu bikorwa mu gihugu hose, kandi rikaba igikoresho cy\u2019ingenzi mu rugendo rwo kwimakaza ubukungu bushingiye ku bumenyi n\u2019ikoranabuhanga.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Source: THE UPDATE<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Banki y&#8217;Igihugu y&#8217;u Rwanda [BNR],&nbsp;yatangije ku mugaragaro Ifaranga rishya rishingiye ku Ikoranabuhanga, ryahawe izina rya E-Franc Rwandais. Iri faranga riri mu kiciro kizwi nka Central Bank Digital Currency (CBDC). BNR yavuze ko ari intambwe nshya Igihugu giteye mu rugendo rwo kwimakaza ikoreshwa ry\u2019Ifaranga rigezweho, hagamijwe guteza imbere uburyo bwo kwishyurana bwihuse, bwizewe kandi burinzwe. Mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":246,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[14],"tags":[],"class_list":["post-245","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/245","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=245"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/245\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":247,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/245\/revisions\/247"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/246"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=245"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=245"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=245"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}