{"id":282,"date":"2025-08-07T15:08:36","date_gmt":"2025-08-07T15:08:36","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=282"},"modified":"2025-08-07T15:08:38","modified_gmt":"2025-08-07T15:08:38","slug":"zimbabwe-yavuze-ibigwi-perezida-kagame-ku-ruhare-yagize-mu-gusabira-iki-gihugu-gukurirwaho-ibihano","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=282","title":{"rendered":"Zimbabwe yavuze ibigwi Perezida Kagame ku ruhare yagize mu gusabira iki gihugu gukurirwaho ibihano"},"content":{"rendered":"\n<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubucuruzi Mpuzamahanga wa Zimbabwe, Prof. Dr. Amon Murwira, yagaragaje ishimwe rikomeye igihugu cye gifitiye Perezida Paul Kagame, kubera uruhare yagize mu gusabira Zimbabwe gukurirwaho ibihano by\u2019ubukungu bimaze igihe biyirembeje.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mwaka wa 2000, ubwo Robert Mugabe yari Perezida wa Zimbabwe, igihugu cye cyafashe icyemezo cyo gusubiza abirabura ubutaka bwari bwarigaruriwe n\u2019abazungu mu gihe cy\u2019ubukoloni. Icyo cyemezo cyatumye habaho igitotsi gikomeye mu mubano wa Zimbabwe n\u2019ibihugu by\u2019Uburengerazuba birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, Canada, Australie n\u2019Umuryango w\u2019Ubumwe bw\u2019u Burayi.<\/p>\n\n\n\n<p>Amerika yafatiye Zimbabwe ibihano mu 2001, bikurikirwa n\u2019ibya EU mu 2002 n\u2019ibindi bihugu byari bikurikiza. Ibyo bihano byagize ingaruka zikomeye ku bukungu bwa Zimbabwe ndetse kugeza n\u2019ubu biracyakurikizwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu 2017, ubwo Perezida Kagame yari ayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), ndetse no nyuma yaho, yakomeje kugaragaza ko Zimbabwe ikwiye gukurirwaho ibihano, yitwaje ijwi ry\u2019Afurika n\u2019ubutabera.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku itariki ya 6 Kanama 2025, Minisitiri Murwira yemeje ko Perezida Kagame yagize uruhare rufatika mu gutuma ibibazo bya Zimbabwe bijya ku murongo mpuzamahanga, bigatanga icyizere cy\u2019uko ibyo bihano bizakurwaho burundu.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: <em>\u201cAmagambo ya Perezida Kagame yari ayubaka kandi yagaragazaga ubusabe bukomeye ku mpamvu z\u2019ubutabera. Ni umwe mu bayobozi b\u2019Afurika bagize uruhare mu kwemeza AU gushyigikira icyemezo cyo gusaba ko Zimbabwe ikurirwaho ibihano.\u201d<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ko hari icyizere ko mu Ukuboza 2025, Umuryango w\u2019Abibumbye uzatora umwanzuro usesa burundu ibyo bihano, bikaba umusaruro w\u2019ubuvugizi bwakozwe na Perezida Kagame.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: <em>\u201cU Rwanda rwagaragaje ko ari igihugu gishobora kugaragaza ubunyangamugayo no kwamagana akarengane. Kwemera ko ibibazo by\u2019Afurika bikemurwa n\u2019Abanyafurika ubwabo ni imwe mu ndangagaciro u Rwanda ruharanira.\u201d<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri Murwira yavuze ko Perezida Kagame na mugenzi we wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, bahuriye ku ntego yo gushyira imbere inyungu z\u2019abaturage babo, n\u2019icyizere ko Afurika ishobora kwigira.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rundi ruhande, Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga w\u2019u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ko ubufatanye bw\u2019ibihugu byombi bukomoka ku ishingiro ryo gushakira ibisubizo ibibazo by\u2019Abanyafurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Yashimye Zimbabwe ku ruhare yagize mu gukemura ibibazo by\u2019umutekano muri Afurika, cyane cyane mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yari iyoboye SADC.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: <em>\u201cDushimira Zimbabwe ku buyobozi bwiza bwagaragajwe mu gihe mwari muyoboye SADC ndetse no kwakira inama y\u2019Abaminisitiri ba EAC-SADC ku kibazo cy\u2019umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.\u201d<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje agaragaza ko u Rwanda ruharanira ko ibibazo bya Afurika bisubizwa n\u2019Abanyafurika ubwabo, bikaba ari ihame rukomeje gushyigikira.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubu Zimbabwe n\u2019u Rwanda bifitanye amasezerano y\u2019ubufatanye arenga 25, arimo ajyanye n\u2019ubuzima, urubyiruko, imikoranire mu bya Polisi, ingufu n\u2019itangwa ry\u2019amakuru ajyanye na gasutamo. Aya masezerano yashyizweho umukono tariki ya 6 Kanama 2025 i Kigali.<\/p>\n\n\n\n<p>yandit<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga n\u2019Ubucuruzi Mpuzamahanga wa Zimbabwe, Prof. Dr. Amon Murwira, yagaragaje ishimwe rikomeye igihugu cye gifitiye Perezida Paul Kagame, kubera uruhare yagize mu gusabira Zimbabwe gukurirwaho ibihano by\u2019ubukungu bimaze igihe biyirembeje. Mu mwaka wa 2000, ubwo Robert Mugabe yari Perezida wa Zimbabwe, igihugu cye cyafashe icyemezo cyo gusubiza abirabura ubutaka bwari bwarigaruriwe n\u2019abazungu mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":283,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-282","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politics"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/282","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=282"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/282\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":284,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/282\/revisions\/284"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/283"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=282"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=282"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=282"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}