{"id":353,"date":"2025-08-12T10:04:05","date_gmt":"2025-08-12T10:04:05","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=353"},"modified":"2025-08-12T10:05:42","modified_gmt":"2025-08-12T10:05:42","slug":"trump-asaba-ko-washington-dc-yakwigira-ku-rwanda-mu-gutangiza-umuganda-wisuku-uhoraho","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=353","title":{"rendered":"Trump asaba ko Washington DC yakwigira ku Rwanda mu gutangiza umuganda w\u2019isuku uhoraho"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje icyifuzo cyo gushyiraho umuganda uhoraho mu Murwa Mukuru, Washington DC, avuga ko ari umuco mwiza yaboneye mu bindi bihugu kandi wateza imbere isuku y\u2019umujyi.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru ku wa 11 Kanama 2025, Trump yagarutse ku kibazo cy\u2019imyanda ikigaragara ku mihanda y\u2019i Washington DC, avuga ko kuyikuraho bidakwiye gutwara amafaranga menshi.<br>Yagize ati: \u201cNtibihenze. Tuzasukura imihanda n\u2019utuyira tuyikikije. Hari ibihugu aho buri ku wa Gatandatu abaturage basukura inzira ziri imbere y\u2019amaduka cyangwa amazu yabo. Bakubura aho batuye kandi bigatuma umujyi usukurwa nta kiguzi kinini gitanzwe.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Trump yasobanuye ko nubwo Washington DC itarageza ku rwego rwo kugira umuganda nk\u2019uwo, yizeye ko Abanyamerika bashobora kuwutangiza, kuko ari igitekerezo cyiza cyafasha mu kurinda isura y\u2019igihugu.<br>Yagize ati: \u201cNiba Umurwa Mukuru w\u2019igihugu wanduye, bitanga isura mbi ku gihugu cyose. Papa yangiriye inama y\u2019uko iyo winjiye ahantu ukabona urugi rwanduye, uba uzi ko n\u2019igikoni kidafite isuku. Ni uko bimeze ku murwa mukuru\u2014iyo uhindanye, n\u2019igihugu cyose gisa nk\u2019icyanduye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu Rwanda, umuganda ufatwa nk\u2019igikorwa rusange cy\u2019ingenzi, watangiye mbere y\u2019ubukoloni. Ubu ukorwa buri wa Gatandatu wa nyuma w\u2019ukwezi, ugamije isuku rusange, gufasha abatishoboye no kubaka ibikorwa remezo nko mu mashuri n\u2019amavuriro. Trump yavuze ko iyo gahunda ari urugero rwiza Washington DC n\u2019indi mijyi muri Amerika byakwigiraho.<\/p>\n\n\n\n<p><br>Trump abona umuganda nk\u2019igisubizo cyoroshye kandi gihendutse ku kibazo cy\u2019imyanda, ariko nanone ni uburyo bwo gushyira abaturage mu bikorwa bibahuza. Iyo gahunda ifasha abantu kumva ko isuku ari inshingano rusange, si iy\u2019ubuyobozi gusa. Niba ishyizwe mu bikorwa muri Amerika, bishobora gufasha abaturage kumva uruhare rwabo mu kubaka isura nziza y\u2019igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-gallery has-nested-images columns-default is-cropped wp-block-gallery-1 is-layout-flex wp-block-gallery-is-layout-flex\">\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"420\" height=\"265\" data-id=\"356\" src=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/47e6497e49149e5ee738180185ccfb-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-356\" srcset=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/47e6497e49149e5ee738180185ccfb-1.jpg 420w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/47e6497e49149e5ee738180185ccfb-1-300x189.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 420px) 100vw, 420px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"><kbd>Trump yasabye abanyamerika kwigira ku Rwanda mu gikorwa cyo gukora umuganda<\/kbd><\/figcaption><\/figure>\n<\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje icyifuzo cyo gushyiraho umuganda uhoraho mu Murwa Mukuru, Washington DC, avuga ko ari umuco mwiza yaboneye mu bindi bihugu kandi wateza imbere isuku y\u2019umujyi. Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru ku wa 11 Kanama 2025, Trump yagarutse ku kibazo cy\u2019imyanda ikigaragara ku mihanda y\u2019i Washington DC, avuga ko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":358,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[5,1],"tags":[],"class_list":["post-353","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politics","category-uncategorized"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/353","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=353"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/353\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":357,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/353\/revisions\/357"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/358"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=353"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=353"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=353"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}