{"id":375,"date":"2025-08-13T16:28:02","date_gmt":"2025-08-13T16:28:02","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=375"},"modified":"2025-08-13T16:28:03","modified_gmt":"2025-08-13T16:28:03","slug":"tems-avuga-ko-abagore-bagihura-nakarengane-mu-muziki","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=375","title":{"rendered":"Tems avuga ko abagore bagihura n\u2019akarengane mu muziki"},"content":{"rendered":"\n<p>Umuhanzikazi w\u2019umunya-Nigeria Tems, umaze kwegukana ibihembo bibiri bya Grammy, yabwiye BBC ko mu ruganda rwa muzika \u201cabagore batarahabwa agaciro bakwiye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yasobanuye ko mu ntangiriro z\u2019umwuga we yahuraga n\u2019imbogamizi nyinshi, aho kugira ngo akundwe byamusabaga guhangana n\u2019amikoro make no kwishyuzwa ibintu atari akwiye. Ati: \u201cNasanze buri gihe hari igiciro ngomba gutanga. Hari ibintu byinshi bitari ngombwa kwishyura, kandi amahitamo yari make cyane.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>N\u2019ubwo Afropop imaze gukundwa ku rwego mpuzamahanga, iracyiganjemo cyane abahanzi b\u2019abagabo. Abakunzwe muri iyi njyana, bamenyekanye nka \u201cBig Three\u201d \u2013 Burna Boy, Davido na Wizkid \u2013 bose ni abagabo, mu gihe abagore nka Tiwa Savage na Yemi Alade bagihura n\u2019ihohoterwa rishingiye ku gitsina.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ntangiriro z\u2019uyu mwaka, Tems yasubije ku mvugo z\u2019urwango zayibasiye ku mbuga nkoranyambaga, zishingiye ku miterere y\u2019umubiri we, nyuma y\u2019uko amashusho y\u2019indirimbo ye ashyizwe kuri X. Yagize ati: \u201cUmubiri ni umubiri. Nshobora kongera cyangwa kugabanya ibiro igihe cyose. Sinigeze mpa agaciro gakomeye imiterere yanjye, cyangwa ngo numve ko ngomba kuyerekana cyangwa kuyihisha. Iyo abantu batishimiye umubiri wanjye, ntibinyicira umutima.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Tems yavuze ko yifuza \u201cguhindura uburyo abagore bibona muri muzika\u201d abinyujije mu mushinga we The Leading Vibe Initiative, ugamije gufasha abakobwa bakiri bato muri muzika muri Afurika.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cNdizeza ko igihe nzaba ngeze ku rwego rushobora kugira impinduka, uyu mushinga uzaba inzira yorohereza abagore kubona amahirwe, kugera ku bafana benshi no gutsinda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Uyu mushinga watangijwe ku wa Gatanu i Lagos, umujyi Tems avukamo, aho hatanzwe amahugurwa, amasomo yihariye n\u2019ibiganiro bigamije kongerera abahanzi ubumenyi no kubaka imikoranire.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu butumwa yageneye abakobwa bashaka kwinjira mu muziki, Tems yagize ati: \u201cNi ingenzi kumenya icyo ushaka kugeraho, icyo izina ryawe rihagarariye n\u2019imipaka yawe. Uzi neza ibyo utazemera gukora ku bw\u2019izina ryawe, n\u2019ibyo witeguye gukora?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuhanzikazi wamamaye mu ndirimbo nka Love Me Jeje na Free Mind, yibukije ko gukunda umuziki ari wo musingi wa byose. Ati: \u201cSi buri wese uririmba uzi no gukunda umuziki. Nta na rimwe izina ryonyine ari ryo rintuma nkora muzika; n\u2019iyo bitaba ibyo, mba nari kumara ejo ku wa Gatanu ndi mu kabyiniro ka jazz.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu myaka 5 amaze mu muziki kuva asohoye EP ye ya mbere, Tems yakoranye n\u2019ibyamamare nka Beyonc\u00e9 na Rihanna, afite abamwumvira miliyoni 17 buri kwezi kuri Spotify, kandi amaze kwitabira ibitaramo bikomeye byo ku rwego mpuzamahanga. Mu kwezi gutaha, azaba ari mu bazashyigikira itsinda ry\u2019Abongereza Coldplay mu bitaramo bya Wembley Stadium mu Bwongereza.<\/p>\n\n\n\n<p>Tems avuga ko intsinzi ye ishingiye ku \u201ckuba umwimerere\u201d no \u201ckuba wihariye\u201d. Ati: \u201cNubwo umuntu yagusaba guhindura umuziki cyangwa uburyo ukora, urasuzuma ugahitamo kuvuga ngo: \u2018Oya.\u2019 N\u2019iyo byatuma ntinjizwa muri label, nta kibazo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse umuziki, Tems ni n\u2019umukunzi w\u2019umupira w\u2019amaguru, ndetse aherutse kugura igice cy\u2019ikipe ya San Diego FC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ati: \u201cSinigeze ntekereza ko nzigera ntunga cyangwa kugira uruhare mu ikipe y\u2019umupira w\u2019amaguru.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Avuga ko uyu mushinga we muri San Diego umwongerera icyizere ko \u201cburi wese ashobora kugira ubutwari bwo gukora ibyo abandi batigeze batekereza ko bishoboka.\u201d Ati: \u201cNtabwo ntekereza ko ndi umuririmbyi cyangwa umuhanzi gusa. Ndi byinshi kurenza ibyo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umwanditsi: Justimind HARERIMANA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuhanzikazi w\u2019umunya-Nigeria Tems, umaze kwegukana ibihembo bibiri bya Grammy, yabwiye BBC ko mu ruganda rwa muzika \u201cabagore batarahabwa agaciro bakwiye.\u201d Yasobanuye ko mu ntangiriro z\u2019umwuga we yahuraga n\u2019imbogamizi nyinshi, aho kugira ngo akundwe byamusabaga guhangana n\u2019amikoro make no kwishyuzwa ibintu atari akwiye. Ati: \u201cNasanze buri gihe hari igiciro ngomba gutanga. Hari ibintu byinshi bitari ngombwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":376,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[16],"tags":[],"class_list":["post-375","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/375","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=375"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/375\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":377,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/375\/revisions\/377"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/376"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=375"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=375"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=375"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}