{"id":421,"date":"2025-08-15T18:30:15","date_gmt":"2025-08-15T18:30:15","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=421"},"modified":"2025-08-15T18:30:54","modified_gmt":"2025-08-15T18:30:54","slug":"yajyaga-anaduha-namafaranga-ye-ishimwe-rya-the-ben-kuri-lick-lick","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=421","title":{"rendered":"\u201cYajyaga anaduha n\u2019amafaranga ye\u201d Ishimwe rya The Ben kuri Lick Lick"},"content":{"rendered":"\n<p>Umuhanzi The Ben yatangaje ko igihe kigeze abantu batangira kuzirikana no gushima ibikorwa by\u2019abagize uruhare mu iterambere ry\u2019umuziki, aho kubyirengagiza nk\u2019aho bitigeze bibaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi yabivuze nyuma yo gushyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ashimira umuhanzi n\u2019umutunganya muzika Lick Lick ku ruhare rukomeye yagize mu gufasha abahanzi, cyane cyane ku bihangano byinshi yakoze bikunze gukundwa kugeza ubu.<\/p>\n\n\n\n<p>The Ben yagize ati: \u201cLick Lick ni uw\u2019ibihe byose. Ibyo wakoreye uruganda rwa muzika, ukinarukorera, ntibizibagirana mu gihe cyose nkiriho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Avuga ku mpamvu yamuteye gutangaza ubu butumwa, The Ben yagaragaje agahinda aterwa no kubona umuco wo kwirengagiza ibikorwa by\u2019indashyikirwa abantu baba barakoze, bigatuma amazina yabo atibukwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati: \u201cNatekereje nsanga abahanzi bakomeye dufite mu Rwanda uyu munsi benshi bakozwe na Lick Lick, ndetse n\u2019abandi bafashijwe n\u2019abo yakoze. Biratangaje kubona tugifite umuco wo kwibagirwa cyangwa kwirengagiza ibyo umuntu yakoze\u2026 mu gihe ibindi bihugu byo bibasha gusigasira ibikorwa by\u2019abagize uruhare mu ruganda.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>The Ben yavuze ko Lick Lick yakoraga umuziki atagamije inyungu gusa, ahubwo kubera urukundo afitiye uyu mwuga.<br>Ati: \u201cUretse kudukorera indirimbo, Lick Lick yajyaga anaduha amafaranga. Yazaga mu rugo akantwara ngo tujye muri studio, kandi uko yabinkoreraga ni nako yabikoraga kuri Meddy, Tuff Gangs, King James n\u2019abandi benshi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ku bwe, igihe kirageze ngo ibikorwa nk\u2019ibyo bisigasirwe kandi abantu babishimire ababigizemo uruhare. Ni yo mpamvu yahisemo gutangariza Lick Lick ishimwe rye by\u2019umwihariko.<\/p>\n\n\n\n<p>The Ben na Lick Lick bamaze imyaka myinshi bakorana kuva yatangira umuziki, ndetse bakaba baranakoranye cyane igihe bombi bari batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-gallery has-nested-images columns-default is-cropped wp-block-gallery-1 is-layout-flex wp-block-gallery-is-layout-flex\">\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"600\" height=\"384\" data-id=\"424\" src=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/000a0669-7df89-e251a-59818.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-424\" srcset=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/000a0669-7df89-e251a-59818.jpg 600w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/000a0669-7df89-e251a-59818-300x192.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 600px) 100vw, 600px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"><strong>The Ben yijeje Lick Lick ko ibikorwa bye bitazigera byibagirana agihumeka umwuka w&#8217;abazima<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-gallery has-nested-images columns-default is-cropped wp-block-gallery-2 is-layout-flex wp-block-gallery-is-layout-flex\">\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"819\" height=\"1024\" data-id=\"423\" src=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/lick_lick_yasoje_kwishyuira_umwenda_yari_abereyemo_dashim_ndetse_yongeraho_n_impozamarira-1d863-3a272-819x1024.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-423\" srcset=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/lick_lick_yasoje_kwishyuira_umwenda_yari_abereyemo_dashim_ndetse_yongeraho_n_impozamarira-1d863-3a272-819x1024.jpg 819w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/lick_lick_yasoje_kwishyuira_umwenda_yari_abereyemo_dashim_ndetse_yongeraho_n_impozamarira-1d863-3a272-240x300.jpg 240w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/lick_lick_yasoje_kwishyuira_umwenda_yari_abereyemo_dashim_ndetse_yongeraho_n_impozamarira-1d863-3a272-768x960.jpg 768w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/lick_lick_yasoje_kwishyuira_umwenda_yari_abereyemo_dashim_ndetse_yongeraho_n_impozamarira-1d863-3a272.jpg 1000w\" sizes=\"auto, (max-width: 819px) 100vw, 819px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"><strong>Uretse gukorera abahanzi imiziki, The Ben yahishuye ko Lick Lick yajyaga anabafasha mu bijyanye <\/strong><br><\/figcaption><\/figure>\n<\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuhanzi The Ben yatangaje ko igihe kigeze abantu batangira kuzirikana no gushima ibikorwa by\u2019abagize uruhare mu iterambere ry\u2019umuziki, aho kubyirengagiza nk\u2019aho bitigeze bibaho. Ibi yabivuze nyuma yo gushyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ashimira umuhanzi n\u2019umutunganya muzika Lick Lick ku ruhare rukomeye yagize mu gufasha abahanzi, cyane cyane ku bihangano byinshi yakoze bikunze gukundwa kugeza ubu. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":422,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[16],"tags":[],"class_list":["post-421","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/421","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=421"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/421\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":426,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/421\/revisions\/426"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/422"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=421"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=421"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=421"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}