{"id":472,"date":"2025-08-18T06:12:08","date_gmt":"2025-08-18T06:12:08","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=472"},"modified":"2025-08-18T06:12:09","modified_gmt":"2025-08-18T06:12:09","slug":"amerika-yaburiye-ukraine-ikomeje-gutsimbarara-ku-kutumvikana-nu-burusiya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=472","title":{"rendered":"Amerika yaburiye Ukraine ikomeje gutsimbarara ku kutumvikana n\u2019u Burusiya"},"content":{"rendered":"\n<p>Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n\u2019Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye kitazahatira Ukraine gusinyana amasezerano y\u2019amahoro n\u2019u Burusiya, ariko ayibutsa ko uko intambara irushaho gutinda, ibintu birushaho gukomera.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi yabivugiye kuri televiziyo CBS ku wa 17 Kanama 2025, aho yagize ati:<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cNta mabwiriza dushobora gushyiriraho Ukraine&#8230; Mu by\u2019ukuri ni yo ifite uburenganzira bwo gufata icyemezo cyo kwemera cyangwa kutemera kugirana amasezerano n\u2019u Burusiya.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Rubio yakomeje ashimangira ko iyo ntambara imaze imyaka itatu n\u2019igice iri mu nzira mbi cyane, kandi nta kigaragaza ko ibintu biri kugana ku murongo mwiza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati:<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cKugira ngo iyi ntambara irangire bisaba ko impande zombi zigira ibyo zihakana kugira ngo haboneke aho zihurira. U Burusiya bufite ibyo bushaka butazageraho, kimwe na Ukraine ifite ibyo ishaka ariko bidashoboka kubonwa.\u201d Na we asanga uburyo bwonyine bwo gusohoka muri uru rugamba ari ukwicara ku meza y\u2019ibiganiro no kumvikana ku ngingo zimwe na zimwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rundi ruhande, Perezida Donald Trump yavuze ko hari icyizere cy\u2019uko intambara hagati ya Ukraine n\u2019u Burusiya ishobora guhagarara, nyuma y\u2019ibiganiro yagiranye na Vladimir Putin ku wa Gatanu i Alaska. Gusa, yashimangiye ko ibyo bizashoboka ari uko Ukraine yemeye kugirana amasezerano y\u2019amahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro yahaye Fox News nyuma y\u2019ibi biganiro, Trump yavuze ko azagira inama Perezida Volodymyr Zelenskyy kwicarana n\u2019u Burusiya hagashakwa igisubizo kirambye. Trump kandi ateganya guhura na Zelenskyy ku wa Mbere i Washington kugira ngo baganire kuri iyi ngingo.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n\u2019Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye kitazahatira Ukraine gusinyana amasezerano y\u2019amahoro n\u2019u Burusiya, ariko ayibutsa ko uko intambara irushaho gutinda, ibintu birushaho gukomera. Ibi yabivugiye kuri televiziyo CBS ku wa 17 Kanama 2025, aho yagize ati: \u201cNta mabwiriza dushobora gushyiriraho Ukraine&#8230; Mu by\u2019ukuri ni yo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":473,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-472","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politics"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/472","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=472"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/472\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":474,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/472\/revisions\/474"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/473"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=472"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=472"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=472"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}