{"id":488,"date":"2025-08-19T06:15:57","date_gmt":"2025-08-19T06:15:57","guid":{"rendered":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=488"},"modified":"2025-08-19T06:15:58","modified_gmt":"2025-08-19T06:15:58","slug":"rdc-na-afc-m23-byasinye-amasezerano-mashya-i-doha-muri-qatar","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/africadiplomacy.net\/?p=488","title":{"rendered":"RDC na AFC M23 byasinye amasezerano mashya I Doha MURI Qatar"},"content":{"rendered":"\n<p>Umuhuza mu biganiro byo gushaka amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n\u2019umutwe wa AFC\/M23 yohereje impande zombi umushinga w\u2019amasezerano y\u2019amahoro ushobora gushyirwaho umukono nibaramuka bawemeranyijeho.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa 19 Nyakanga 2025, Guverinoma ya RDC na AFC\/M23 byari byamaze gushyira umukono ku mahame y\u2019ingenzi agenderwaho mu gutegura ayo masezerano, mu biganiro bikomeje kubera i Doha muri Qatar. Impande zombi zari zemeranyije ko bitarenze ukwezi kumwe amasezerano y\u2019amahoro aba yashyizweho umukono, bikaba byari biteganyijwe kuba ku wa 18 Kanama, ariko ntibyashobotse.<\/p>\n\n\n\n<p>Qatar, nk\u2019umuhuza, yatangaje ko ibiganiro bigikomeje kandi impande zombi zagaragaje ubushake bwo gukomeza kuganira. Ku wa 17 Kanama, Guverinoma ya RDC na M23 basohoye itangazo ryemeza ko biteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo habeho amahoro arambye.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Uko umushinga uteye<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Nk\u2019uko Jeune Afrique yabyanditse, ku wa 14 Kanama 2025, Qatar yoherereje impande zombi umushinga w\u2019amasezerano y\u2019amahoro kugira ngo bawusuzume. Yavuze kandi ko ibiganiro bishya bizatangira vuba, byitabirwa n\u2019abahagarariye Guverinoma ya RDC n\u2019aba AFC\/M23.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibiganiro byari biteganyijwe gutangira ku wa 8 Kanama ariko byigijwe inyuma nyuma y\u2019uko AFC\/M23 isabye ko habanza gushyirwaho ingamba zubaka icyizere, zirimo kurekura imfungwa z\u2019intambara. Ibi Kinshasa ikomeje kubitera utwatsi, ivuga ko bizashoboka ari uko amasezerano amaze gushyirwaho umukono.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinga wa Qatar washyizemo ingingo yerekeye irekurwa ry\u2019imfungwa, ndetse n\u2019indi mishinga y\u2019inzego zigamije kwimakaza amahoro. Harimo n\u2019urwego bise \u201cM\u00e9canisme multilat\u00e9ral de surveillance\u201d ruzakorana n\u2019impande zombi (RDC na M23), Qatar ndetse n\u2019Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (UA), kugira ngo bakurikirane ishyirwa mu bikorwa ry\u2019amasezerano.<\/p>\n\n\n\n<p>Amasezerano ateganya ko ikibazo cy\u2019intambara mu Burasirazuba bwa Congo kizakemurwa mu byiciro bitatu mu gihe cy\u2019amezi arindwi uhereye igihe byashyiriweho umukono.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyiciro cya mbere kizibanda ku mutekano n\u2019imibereho y\u2019abaturage, hakajyaho umutwe w\u2019ingabo w\u2019agateganyo uyoborwa na Minisiteri y\u2019Umutekano. Uzaba ugizwe n\u2019abahoze ari abarwanyi ba M23 ku kigero cya 50%, bakorane n\u2019igipolisi cya Leta. Izi ngabo zizakorera gusa mu Ntara za Kivu y\u2019Amajyaruguru n\u2019Amajyepfo.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019imyaka itanu ishobora kongerwa, abo barwanyi bazinjizwa mu ngabo n\u2019igipolisi bya Leta burundu.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ingingo yo kugarura inzego z\u2019ubutegetsi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Uretse ingabo zihuriweho, umushinga wateguwe na Qatar unagaragaza uburyo ubuyobozi bwa Leta bwagarurwa mu bice biri mu maboko ya M23.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi ariko ni kimwe mu bigaragaza kutumvikana hagati ya Kinshasa na M23. Kinshasa ivuga ko gusubizaho ubutegetsi bwa Leta bisobanuye ko M23 igomba gusohoka mu bice yafashe, mu gihe M23 yo ihamya ko idateze kubivamo.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinga usobanura ko Guverinoma ya Congo izashyiraho abayobozi b\u2019inzibacyuho mu bice bigenzurwa na AFC\/M23, ariko n\u2019aba M23 bakazemererwa gutanga abakandida. Abo bayobozi bazakomeza inshingano kugeza mu 2027, ubwo hazakorwaho amatora.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ibiganiro bya politiki mu 2026<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi ndetse n\u2019abayobozi b\u2019amadini basabye kenshi ibiganiro byagutse bigamije guhuza abaturage ba Congo, ariko ntibyigeze bikorwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umushinga w\u2019amasezerano uteganya ko mu 2026 hazategurwa ibiganiro bya politiki by\u2019igihugu hose. Iki gitekerezo gishyigikiwe cyane n\u2019abatavuga rumwe na Leta, Kiliziya Gatolika n\u2019Itorero ry\u2019Abaporotesitanti, nubwo guverinoma nshya yashyizweho ku wa 8 Kanama 2025 irimo bake muri bo, bigaragara ko bishobora kuba uburyo bwo kuburizamo iyo ngingo. Ariko kiracyasabwa cyane n\u2019abaharanira amahoro arambye.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-gallery has-nested-images columns-default is-cropped wp-block-gallery-1 is-layout-flex wp-block-gallery-is-layout-flex\">\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"420\" height=\"265\" data-id=\"490\" src=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/a3f748504ef47e4b54f8454a6b929e.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-490\" srcset=\"https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/a3f748504ef47e4b54f8454a6b929e.jpg 420w, https:\/\/africadiplomacy.net\/wp-content\/uploads\/2025\/08\/a3f748504ef47e4b54f8454a6b929e-300x189.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 420px) 100vw, 420px\" \/><\/figure>\n<\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuhuza mu biganiro byo gushaka amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n\u2019umutwe wa AFC\/M23 yohereje impande zombi umushinga w\u2019amasezerano y\u2019amahoro ushobora gushyirwaho umukono nibaramuka bawemeranyijeho. Ku wa 19 Nyakanga 2025, Guverinoma ya RDC na AFC\/M23 byari byamaze gushyira umukono ku mahame y\u2019ingenzi agenderwaho mu gutegura ayo masezerano, mu biganiro bikomeje kubera i [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":489,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"om_disable_all_campaigns":false,"_monsterinsights_skip_tracking":false,"_monsterinsights_sitenote_active":false,"_monsterinsights_sitenote_note":"","_monsterinsights_sitenote_category":0,"footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-488","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politics"],"aioseo_notices":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/488","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=488"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/488\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":491,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/488\/revisions\/491"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/489"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=488"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=488"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/africadiplomacy.net\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=488"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}