Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Koreya y’Epfo afungiwe ibyaha bya ruswa

Kim Keon Hee, umugore wa Yoon Suk Yeol wahoze ari Perezida wa Koreya y’Epfo, yatawe muri yombi akurikiranweho ruswa n’uburiganya mu guhindura ibiciro ku isoko ry’imari n’imigabane mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ku wa 12 Kanama 2025, mu iburanisha ryamaze amasaha ane i Seoul, Kim yahakanye ibyo aregwa byose. Ariko urukiko rwanze kumurekura, rusobanura ko hari impungenge z’uko ashobora guhisha cyangwa gusibanganya ibimenyetso.

Koreya y’Epfo imenyerewe mu gukurikirana no gufunga abaperezida bayo bavuye ku butegetsi, ariko iyi ni inshuro ya mbere umukuru w’igihugu wahoze ku butegetsi afunganwa n’uwo bashakanye.

Perezida Yoon yatawe muri yombi muri Mutarama nyuma yo gushinjwa guteza umutekano muke mu gihugu mu mwaka ushize, icyatumye avanwa ku mwanya wa perezida.

Abashinjacyaha bavuga ko Kim, w’imyaka 52, yinjije miliyoni 800 z’amawon (asaga 577,940$) mu bikorwa byo guhindura igiciro cy’imigabane ya Deutsch Motors, isosiyete icuruza imodoka za BMW muri Koreya y’Epfo. Ibyo byabaye mbere y’uko Yoon atorwa, ariko byakomeje kuvugwa no mu gihe yari ku butegetsi.

Biravugwa kandi ko Kim yakiriye nk’impano amasakoshi abiri ya Chanel n’umukufi wa diyama, yahawe n’itorero rya Unification Church ritavugwaho rumwe, nk’urwinyerezwa rwo kumworohereza mu bikorwa by’ubucuruzi.

Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA

More From Author

Makanyaga Abdul ari mu rugendo rwo gutegura Album nshya irimo indirimbo yanditse mu 1970

umuhanzi kazi Boukuru,, azitabira iserukiramuco rikomeye rya ACCES rizabera i Tshwane muri Afurika y’Epfo kuva ku ya 30 Ukwakira kugeza ku ya 1 Ugushyingo 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *