DJ Maphorisa uherutse gutenguha Abanya-Kigali, agiye kugaruka mu bitaramo bibiri bikurikiranye

Nyuma y’uko mu gitaramo giheruka i Kigali atitabiriye ku munota wa nyuma, DJ Maphorisa yongeye kwemererwa kuzitabira ibitaramo bibiri bikurikiranye muri uyu mwaka.

Uyu muhanzi ukomeye mu kuvanga imiziki, wubatse izina rikomeye muri Afurika no hanze yayo, azabanza kugaragara mu gitaramo The Ultimate Amapiano Night gitegerejwe kubera muri Kigali Universe ku wa 5 Nzeri 2025. Nyuma yaho, ategerejwe no mu kindi gitaramo cyiswe Fuego Fest kizaba ku wa 11 Ukwakira 2025, nubwo kugeza ubu hataramenyekana aho kizabera.

Icyakora, abakunzi b’umuziki ntibari bacyibagirwa ko mu 2022 DJ Maphorisa yari yatumiwe mu gitaramo Intore Sundays cyabereye muri Mundi Center mu Ugushyingo, ariko akabura ku munota wa nyuma. Icyo gihe, ubuyobozi bwa Intore Entertainment bwahise gusimbuza Soul Natives bari basanzwe bari i Kigali, kugira ngo basusurutse abari bacyitabiriye.

Kuba aheruka kugarukwaho i Kigali bitarangiye neza, ndetse kuva icyo gihe ntashake gusubiza icyizere abari bamutumiye, byateye benshi kwibaza niba kuri iyi nshuro azashumbusha abakunzi be mu bitaramo bibiri ategerejweho, cyangwa niba nabwo azongera kubatungura nk’uko byagenze mbere.

Umwanditsi: Justinmind HARERIMANA

More From Author

Uzatwara Shampiyona mu Bagabo guhabwa miliyoni 80 Frw – Shema Fabrice yizeje impinduka muri FERWAFA

U Rwanda ruri gutegura kugura indi ndege yihariye mu gutwara imizigo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *